Tuesday, July 1, 2025
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Igisheke ni umuti ku bafite ibibazo by’impyiko na kanseri y’ibere

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2024/02/01
in HOME, UBUZIMA
0
1.7k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Kurya igisheke bifitiye umubiri wacu akamaro gakomeye cyane aho gifasha ku birebana na kanseri y’amabere kikanatuma impyiko zitazamo amabuye, maze kikazana impumuro nziza mu kanwa kuko cyoza amenyo kigatuma abo muganira batakwinuka .

Uwavuga akamaro k’igisheke ntiyakarangiza kuko kigira umumaro cyane nubwo abantu batajya babimenya ndetse hakaba hari n’abajya bakirengagiza.

Dore bimwe mu byo wamenya ku kamaro k’igisheke ku buzima bwa muntu .

Igisheke kigizwe n’amazi n’isukari ari yo mpamvu wumva kiryohereye cyane.

Igisheke kibamo aside amino ifite umumaro ukomeye wo gutanga intungamubiri z’ingenzi, igisheke kandi gifite vitamine zitandukanye nka B1, B2, B6, vitamine C ndetse n’imyunyu ngugu nka calisiyumu, phosphore, iron n’izindi zifasha mu kugira ubuzima bwiza ku muntu.

Tugiye kurebera hamwe akamaro k’igisheke ku mubiri w’umuntu n’impavu udakwiye kukibagirwa mu mafunguro yose ufata.

Igisheke kirinda amenyo kwangirika:
Bitewe n’uko igisheke gikungahaye ku myunyu ngugu n’intungamubiri zitandukanye bituma amenyo adashirira cyane cyane ku bana bato muri rusange igisheke kirinda kwangirika kw’amenyo no kurwanya impumuro mbi mu kanwa.

Biba byiza nyuma yo gufata amafunguro yawe ya buri munsi kuba warenzaho agasate k’igisheke kuko bigufasha kugira amenyo mazima.

Igisheke kivura gripe ndetse n’ibibazo byo mu muhogo:
Kunywa ikirahure kimwe cy’umutobe w’igisheke ni imwe mu ngamba zagufasha kurwanya indwara zifitanye isano n’ubukonje, niba ujya uhura n’indwara yo mu muhogo, umutobe w’igisheke ni igisubizo ku buzima bwawe.

Igisheke gifasha mu kuvura amaso yabaye umuhondo:
Umutobe w’igisheke ni umwe mu miti gakondo mu gukiza amaso y’umuhondo. Ku bantu bafite icyo kibazo, iyo unyoye ibirahuri bibiri by’umutobe w’igisheke ukavangamo umunyu, bigufasha gukira vuba ugasubirana amaso y’umweru.
Igisheke kandi gituma umuntu agira uruhu rukeye.

Igisheke cyongera ubwirinzi bw’umubiri:
Igisheke gikungahaye kuri kalisiyumu, chromium, cobalt, copper, magnesium, manganese, phosphore, potassium, zinc, vitamine A, vitamine C, vitamine B1, B2, B5 na vitamine B6, igisheke kandi kibamo chlophyll, antioxydants, proteins, fibres n’izindi ntungamubiri z’ingenzi mu mubiri w’umuntu.

Ibi byose bigize igisheke bifasha umubiri kurwanya kanseri, kuringaniza isukari mu maraso ku barwayi ba diyabete, kugabanya umuriro, gusukura impyiko, gusukura igifu, umutima, amaso, ubwonko n’imyanya myibarukiro, igisheke kandi kivura indwara nyinshi.

Igisheke gikesha uruhu:
Mu gisheke habamo aside yitwa alpha hydroxyl acid (AHA) ifite akamaro ko kuvugurura uruhu rukagubwa neza. Ni byiza gukoresha umutobe w’igisheke ukawusiga ku ruhu bigufasha kugira uruhu rwiza kandi udahenzwe.

Igisheke kirwanya kanseri y’amabere:
Bitewe na kalisiyumu, potasiyumu na magnesium, indwara nka kanseri ntizishobora gukura ku muntu wariye igisheke.

Ubushakashatsi bwagaragaje ko kunywa umutobe w’igisheke birwanya kanseri cyane cyane iy’amabere ku gitsina gore.

Igisheke gituma impyiko zitazamo amabuye:
Iki ni ikintu cy’ingenzi abantu bose bakwiye kuzirikana, kunywa umutobe w’iigisheke ni uburyo bwa gakondo bufasha gukura amabuye mu mpyiko ku buryo bwihuse. Iyi ndwara yo kugira amabuye mu mpyiko iterwa no kutanywa amazi ahagije.

Ku bagore batwite igisheke kigabanya kuruka:
Abagore batwite bakunda guhura n’ikibazo cyo kuruka bashobora gufata umutobe w’igisheke bakavanga na tangawizi akajya abinywa nibuze rimwe ku munsi.

Muri macye igisheke ni ikiribwa gifitiye umubiri akamaro kuko gifite intungamubiri zitandukanye ndetse n’imyunyu ngugu y’amoko yose ifasha umubiri kurwanya no gukumira indwara nyinsi.

Ibi ni bimwe mu byo twabakusanyirije ku kamaro k’igisheke ku buzima bw’umuntu aho twabikusanyije tubikuye ku mbuga zitandukanye nka ubuzimainfo n’izindi zitandukanye.

Facebook Comments Box

IZINDI NKURU WASOMA

Paul Rutikanga wa RBA yasezeranye n’umukobwa bahuriye ku gishushu(Amafoto)

Trump na Macron umwe yibasiye undi

Related Posts

HOME

Paul Rutikanga wa RBA yasezeranye n’umukobwa bahuriye ku gishushu(Amafoto)

June 27, 2025
1.4k
HOME

Trump na Macron umwe yibasiye undi

June 17, 2025
1.4k
HOME

Amajyepfo: Umusaza yatahanye indaya imupfiraho

May 30, 2025
1.4k
HOME

Umugore mu kaga nyuma yo kugurisha umwana we ku mupfumu 

May 30, 2025
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Paul Rutikanga wa RBA yasezeranye n’umukobwa bahuriye ku gishushu(Amafoto)

June 27, 2025

Trump na Macron umwe yibasiye undi

June 17, 2025

Amajyepfo: Umusaza yatahanye indaya imupfiraho

May 30, 2025

Umugore mu kaga nyuma yo kugurisha umwana we ku mupfumu 

May 30, 2025

Kigali:Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

May 30, 2025

Amashuri y’imyuga si ay’abaswa, iyi myumvire ihinduke-RTB

May 29, 2025

Kigali: Umugore w’uburanga yibye inkumi zari zambariye Umugeni

May 18, 2025

Inkuru ibabaje kuri AmaG The Black

May 18, 2025

Ntibishoboka:Umugore warumaze imyaka 60 yarabuze, yagaragaye ari muzima 

May 6, 2025

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In