Monday, June 30, 2025
  • Login
IBENDERA.COM
Advertisement
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO
No Result
View All Result
IBENDERA.COM
No Result
View All Result
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO
Home NTIBISANZWE HOME

Ibyo wamenya kuri Korali Beula yo kuri ADEPR Rwintare

Anaclet NTIRUSHWA by Anaclet NTIRUSHWA
2024/02/15
in HOME, IYOBOKAMANA
0
1.5k
VIEWS
Share on FacebookShare on Twittershare on googleshare on whatsap

Korali Beula ni imwe muri korali zibarizwa mu itorero rya ADEPR Paruwase Kimihurura umudugudu wa Rwintare, bakaba bakora ivugabutumwa binyuze mu ndirimbo no mu bindi bikorwa bitandukanye bigamije  kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo hirya no hino ku isi.

Korali Beula  Amateka agaragaza ko yari Korali y’ icyumba  cyakoreraga muri  zone ya Rwintare, gusa  hashingiwe kucyo amabwiriza y’itorero rya ADEPR avuga bigaragara ko iyi Korali yatangiye mu mwaka wa 1999 , kuko aribwo yabaye Korali yashyizweho n’ubuyobozi bw’Itorero  igatangira kugengwa n’amabwiriza ya ADEPR.

IZINDI NKURU WASOMA

Paul Rutikanga wa RBA yasezeranye n’umukobwa bahuriye ku gishushu(Amafoto)

Trump na Macron umwe yibasiye undi

Amateka avuga ko Umudugudu wa Kimicanga (nubwo utakiriho) ariwo wabyaye ADEPR Rwintare, icyo gihe abantu basengeraga mu kimicanga mu gihe  hari n’abandi batasengeraga kimicanga ariko bose bakagira ahantu bahurira bagasenga Imana ,  icyo gihe aho bahuriraga niho hitwaga icyumba cyabaga muri zone ya Rwintare ,  mu 1996  nibwo Korali Beula yatangiye kuririmba muri icyo cyumba (icyo gihe ntazina yari ifite)

Mu 1999 U bubyutse bwakomeje kw’iyongera mu itorero, nibwo ubuyobozi bwabonye ko aringobwa ko itorero rya Kimicanga rya kwaguka rika byara umudugudu,  basanga uwo mudugudu mushya ukwiye gushyirwa muri zone ya Rwintare , ubuyobozi  bw’Itorero bwasabye abantu  batuye mu Rwintare n’abandi basengeraga Kimicanga ariko baturutse mu Rwintare bose ko bajya gusengera mu Rwintare

Ndimubanzi Philbert ni umuririmbyi muri korali Beula yagize ati: “ amateka atubwira ko abo bantu bakigera hano mu Rwintare babaye nka barema amatsinda 2 (Korali ebyiri), imwe yabarizwaga mu cyumba cya hano mu Rwintare (ariyo Beula ubu) indi iza isa naho iturutse mu Kimicanga ariko umuntu yavuga ko ari korali z’impanga kuko zatangiriye umurimo rimwe zitangije umudugudu wa Rwintare

Mukakamari Solange nawe yagize ati: “Icyo gihe ntabwo byari byoroshye kuberako muri ibyo bihe byasabwaga ko habaho korali yitwa nkuru ku umudugudu, byatumye ubuyobozi bw’umudugudu bukoresha tombora bafata udupapuro 2 batwandikaho A na B , twaje gutombora B tuba korali ya 2 gutyo  hanyuma dusenga Imana ngo iduhishurire izina nibwo yaje kuduha izina twitwa Korali Beula, twari tumaze kuba abaririmbyi 20, dukomerezaho no kwakira abandi baririmbyi benshi bashaka gufatanya natwe umurimo nibwo twahise dutangira gutora komite ya Korali”.

Murebwayire Mariyana avuga ko yaje muri Korali Beula ari umuntu urushye cyane  ayigezemo yumva aruhutse ati “ kuko nayiruhukiyemo niyo mpamvu na bugingo nubu nkiyirimo, twakoraga ibiraka by’ubuyede tukazana amafaranga tukubaka iterambere rya korali” ibi birashimangirwa kandi na Nyinawabasindi Cecile nawe wagize ati: “ Korali nayi gezemo mfite imyaka 17 none ubu ngize 42 ndibuka ko na President twari dufite icyo gihe yafataga bamwe mu baririmbyi akajya kubaha akazi kugira ngo tubone umusanzu,  ibyo byose twabikoraga kubera ishyaka n’urukundo twakundaga umurimo w’Imana

Mukantabana Dativa ni umubyeyi ubona ko ageze muzabukuru  nawe yagize ati: “Iyi korali twayitangiye dufite intege none urabona ko tuyisaziyemo ntakindi cya bidushoboje uretse urukundo twasanzemo kandi nanubu ubona ko rugihari  kuba dushaje turi muri iyi Korali  ni uko tuzi neza aho Imana yadukuye, ibyo rero biduha imbagara zo kurusaho kuyisengera”.

“Umurage abakuze twasigira bakiri batoya nuko kuguma mu murimo neza ntako bisa kuko iyo uwukora utareba hirya no hino ubona umugisha ukomeye”

Ibihe abakuze bo muri Korali Beula bavuga ko batazibagirwa

Korali Beula yaranzwe n’ibihe byiza byo kwishima dusurana, uwarwaye agasurwa , uwabyaye agahebwa, hari n’ibibazo bimwe na bimwe twakemuriraga hagati yacu kubera urukudo rwagiye ruturanga , ariko nubwo bimeze bityo nti twabura kuvuga ko hari na bamwe mubahoze ari  abaririmbyi bacu batuvuyemo aribo: Uwera (yazize impanuka) Celestin ( uburwayi) , Eric (uburwayi) , MUKARUGWIRO Jeanne (uburwayi) , aba bose ntagotuzabibagirwa kuko  twakoranye umurimo w’Imana neza.

Umuyobozi wa Korali Beula Bwana Byukusenge Emmanuel mu ijambo rye yashimiye cyane umuntu wese wanyuze muri Korali Beula ndetse n’uwabaye umuririmbyi wayo, avuga ko Korali Beula aha igeze ari ukubera ababa banjirije bahagaze neza mu murimo, avuga kandi ko ibikorwa bya Korali bikomeje ati: “ muri uyu mwaka rero Korali Beula turakomeje ntago ivugabutumwa rihagaze kuko ibyo dufite tutazabiherana ahubwo duhora twifuza kubisangiza abandi hirya no hino ku isi”

Yasoje atanga ubutumwa ku bantu bifuza ko Korali Beula mu ivugabutumwa ritandukanye ati: “ umuntu wadukenera yatubona kuri YouTube Channel yacu, wanditsemo KORALI  BEULA  ADEPR RWINTARE , nuwa kenera kudutera ikunga cyangwa kuba umufatanyabikorwa  wacu mu bikorwa bitandukanye  tugira  waduhamagara  kuri  0783855586

Abayobozi bayoboye Korali Beula Kuva mu mwaka 1999-2024:  Kampundu Donature, Mutezimana Mariane,  Murinzi Elyze, Ntivuguruzwa Moise,  Mujyambere Evaliste ,  Eliase Bakudukize,  Emmanuel Byukusenge.

 Kuri ubu Korali Beula ni imwe  muri korali zibarizwa mu itorero rya ADEPR, ikaba   imaze kwiyubaka mu ngeri zitandukanye aho bamaze gukora Album y’indirimbo 12 , mu gihe biteguraga kuzikorera amashusho bagakomwa mu nkokora n’ Icyorezo cya COVID-19 , ubu bakaba bafite gahunda yo gukora indirimbo zikozwe muburyo bugenzweho buzwi nka (LIVE RECORDING).

 

 

 

Facebook Comments Box

Related Posts

HOME

Paul Rutikanga wa RBA yasezeranye n’umukobwa bahuriye ku gishushu(Amafoto)

June 27, 2025
1.4k
HOME

Trump na Macron umwe yibasiye undi

June 17, 2025
1.4k
NTIBISANZWE

Amajyepfo: Umusaza yatahanye indaya imupfiraho

May 30, 2025
1.4k
HOME

Umugore mu kaga nyuma yo kugurisha umwana we ku mupfumu 

May 30, 2025
1.4k

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZIGEZWEHO

Paul Rutikanga wa RBA yasezeranye n’umukobwa bahuriye ku gishushu(Amafoto)

June 27, 2025

Trump na Macron umwe yibasiye undi

June 17, 2025

Amajyepfo: Umusaza yatahanye indaya imupfiraho

May 30, 2025

Umugore mu kaga nyuma yo kugurisha umwana we ku mupfumu 

May 30, 2025

Kigali:Agakiriro ka Gisozi kongeye gushya

May 30, 2025

Amashuri y’imyuga si ay’abaswa, iyi myumvire ihinduke-RTB

May 29, 2025

Kigali: Umugore w’uburanga yibye inkumi zari zambariye Umugeni

May 18, 2025

Inkuru ibabaje kuri AmaG The Black

May 18, 2025

Ntibishoboka:Umugore warumaze imyaka 60 yarabuze, yagaragaye ari muzima 

May 6, 2025

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Facebook Twitter Youtube Instagram LinkedIn

ABO TURI BO

  1. IBENDERA.COM ni igitangazamakuru cya IBENDERA NEWS AGENCY gikorera kuri murandasi (internet) kikaba kibarizwa mu Rwanda, mu mujyi wa KIGALI. Dutangaza Inkuru z’amahoro kandi zishingiye ku kuri. Turataara, tugatunganya hanyuma tugatangaza Inkuru zo ku isooko. Icyubahiro, Agaciro n’imibereho myiza ya muntu niyo ntero yacu!

IBYO DUKORA

  1. -Kwamamaza
    -Video production
    -Photography
    -Live streaming
    -Web development
    -Hosting
    -Domain registration
    -Amatangazo/Cyamunara
    -Wedding videography
    -Covering/Reporting news

CONTACT

Niba ushaka gutanga amakuru n’ubuhamya cg ukaba wifuza ubuvugizi ushobora kutwandikira cg ukaduhamagara kuri address zikurikira:

E-mail: [email protected]
or [email protected]
Ushobora kuduhamagara cg ukatubona kuri whatsap number: +250781807740
or +250728821308

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

No Result
View All Result
  • Home
  • Mu Rwanda
  • HANZE
  • UBUZIMA
  • IYOBOKAMANA
  • IMYIDAGADURO
  • IMIKINO
  • AMATANGAZO

© 2022 All Right Reserved IBENDERA.COM

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In